Twitter | Hľadať | |
Southern Province RW
The official Twitter account of the Southern Province, Government of Rwanda | Intara y'Amajyepfo
5 118
Tweety
421
Sledovaní
9 154
Sledujúci
Tweety
Southern Province RW 24. 5.
Guverineri yabibukije intumbero y'Umukuru w'Igihugu, Nyakubahwa ko bagomba kuba umwe, kugira amahirwe angana, n'imibereho myiza Guverneri yasoje yakira ibibazo by'abaturage ndetse banafatanya mu kubikemura.
Reply Retweet Páči sa
Southern Province RW 24. 5.
Guverineri yabasabye ubufatanye kugira ngo Umurenge utazasubira inyuma,abasaba gusezerera ubukene bakirinda gusezerana nabwo, yabasabye ko bagomba kurangwa n'indangagaciro na Kirazirazira by'umuco Nyarwanda babana neza, birinda amakimbirane.
Reply Retweet Páči sa
Southern Province RW 24. 5.
Guverineri yabashimiye anabemerera ubuvugizi bakabona amazi, amashanyarazi ndetse no gukurikirana iby'ishuri ry'imyuga.abasaba Kugira isuku n'ubwiherero, kurwanya imirire mibi ikigaragara,abereka amahirwe ahari , bafite aboneka mu nzego zihari bitoreye.
Reply Retweet Páči sa
Southern Province RW 24. 5.
Abaturage basabye gukorerwa Umuhanda ubahuza n'indi Mirenge nka Musebeya - Kaduha kuko uhari ari mubi, gushakirwa ishuri ryacumbikira abana n'iry'ibyimyuga,guhabwa amashanyarazi akagera hose, kwagura no kuvugurura isoko rya Musebeya no guhabwa amazi meza.
Reply Retweet Páči sa
Southern Province RW 24. 5.
Uyu munsi, Nyakubahwa Guverineri yifatanije n'Inteko y'abaturage bo mu Kagari ka Sekera mu Murenge wa Musebeya muri . Yabanje kugezwaho ishusho y'Umurenge ndetse n'iy'Utugari maze abaturage nabo bagira icyo basaba.
Reply Retweet Páči sa
Southern Province RW 21. 5.
Minisitiri yasoje asaba abaturage kandi kwiyemeza gufata neza inka,bakaba bahabwa igikumba rusange kugira ngo babone ifumbire ku bafite ikibazo cy'ifumbire.
Reply Retweet Páči sa
Southern Province RW 21. 5.
Minisitiri Yasabye ko ubutaka bwose bugomba kubyazwa umusaruro, aho ba nyira bwo bahari bakahahinga hose,aho batari nabwo bugakodeshwa bukabyazwa umusaruro, ba nyira bwo bakabona inyungu ku musaruro uhava,haba mu bukode cyangwa mu byahasaruwe.
Reply Retweet Páči sa
Southern Province RW 21. 5.
Nyakubahwa Minisitiri kandi yabashishikarije guhinga ibindi bihingwa bitanga amafaranga kandi bikamara igihe kinini mu butaka abagira inama yo guhinga ibobere na makadamiya. Kuko iyo ihinzwe imaze kuzamuka idasaba gukomeza kwitabwaho cyane.
Reply Retweet Páči sa
Southern Province RW 21. 5.
Nyakubahwa Minisitiri yemereye abahinzi imbuto y'urusenda ruzahingwa mu cyanya cyagenewe ubuhinzi bw'imboga n'imbuto nyuma yo kubwirwa ikibazo cy'imbuto ihenze.nyuma yemerera abahinga mu materasi kubegereza ifumbire ariko nabo bagahinga ubuso bwose bw'amaterasi.
Reply Retweet Páči sa
Southern Province RW 21. 5.
Minisitiri Yababwiye ko aya mafaranga aba yarashyizwe mu mushinga nk'uyu na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika maze abasaba kwiyemeza kubyaza umusaruro uyu mushinga bagasezerera ubukene.
Reply Retweet Páči sa
Southern Province RW 21. 5.
Nyakubahwa Minisitiri w'ubutegetsi bw'igihugu yababwiye ko iterambere ritagomba kuba indoto,asaba abaturage gusezerera ubukene aho gusezerana nabwo,no kwiyemeza ko amafaranga yashyizwe muri uyu mushinga adakwiye gupfa ubusa ahubwo ubutaka bugomba kubyazwa umusaruro.
Reply Retweet Páči sa
Southern Province RW 21. 5.
Guverineri yabwiye abari aho ko ari amahirwe kuba bagenderewe n'abayobozi kuri gahunda igamije kwihutisha iterambere n'imibereho myiza,abasaba kutazatenguha intore izirusha intambwe wabazaniye umushinga ubateza imbere nk'uyu.
Reply Retweet Páči sa
Southern Province RW 21. 5.
Hon Minister Mr and Hon Min Mrs with CEO , has today visited Hillside irrigation scheme as a study to exploit this opportunity granted to the residents, and how to use it to the optimum.
Reply Retweet Páči sa
Southern Province RW 17. 5.
Yasoje asaba gukorera hamwe birinda kwangana kuko bihenda,asaba ubufatanye mu bumwe n'Umutekano.tugendera ku murongo wa Nyakubahwa Perezida wa Repubulika uvuga ko umunyarwanda agomba kugira umutekano,Amahoro n'ubutabera, abanyarwanda bagomba kugira amahirwe n'imibereho myiza.
Reply Retweet Páči sa
Southern Province RW 17. 5.
Yakomeje agaragaza ubufatanye bukenewe asaba gukora imishinga no kuyimenyekanisha bimakaza indangagaciro nyarwanda,abizeza gukomeza ubuvugizi kugira ngo ibitaro bya Gatagara byongererwe ubushobozi n'ibikoresho asaba n'abayobozi gukurikirana ibyo tuba twiyemeje.
Reply Retweet Páči sa
Southern Province RW 17. 5.
Nyakubahwa Guverineri,yatangiye ashimira abitabiriye iyi Nteko rusange ndetse anashimira leta ku mahirwe yahaye abafite ubumuga ikabaha agaciro gakomeye ibereka ko nabo bashoboye.
Reply Retweet Páči sa
Southern Province RW 17. 5.
Abitabiriye inama baganirijwe ku byagezweho na muri ,n'ibiteganyijwe mu mwaka utaha w'ingengo y'imari basabwa kubigiramo uruhare. Baganirijwe ku kamaro ko kwishyira hamwe mu ma Koperative,kugira ngo Inkunga bagenerwa bayihabwe byoroshye.
Reply Retweet Páči sa
Southern Province RW 17. 5.
Ubuyobozi bwa buhagarariwe na Nyakubahwa Guverineri bwitabiriye inteko rusange ya mu Ntara yabereye i . Inama yitabiriwe kandi n'ubuyobozi bwa n'Abayobozi mu Turere bashinzwe abafite ubumuga.
Reply Retweet Páči sa
Southern Province RW 16. 5.
Minisitiri yifashishije imibare yerekanye ko Ruswa ifitanye isano n'imitangire mibi ya serivisi. Yabasabye kutitwaza imvugo ko nta ntore itanga indi ngo bahishire utanga ruswa kuko uwakira ruswa aba atari intore kandi mubyo dutozwa ruswa itabamo.
Reply Retweet Páči sa
Southern Province RW 16. 5.
Umunyamabanga mukuru wa asoza yasabye gutanga amakuru kuri buri wese ubishinzwe bakoresheje imbuga zitandukanye RIB yashyizeho ziyihuza n'abaturage.
Reply Retweet Páči sa